Uwabaye Komanda w’umutwe wa Janjaweed i Darfur yatangiye kuburanishwa

Sangiza iyi nkuru

Ali Mohammed Ali Abd-al Rahman wabaye Komanda w’umutwe witwaje intwaro wa Janjaweed mu ntara ya Darfur muri Sudani, yatangiye kuburanishwa mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha, ICC, ruri i La Haye mu Buholandi.

Ubushinjacyaha kuri uyu wa 5 Werurwe 2022 bwashinje Abd-al Rahman wamenyekanye nka Ali Kushayb ibyaha 31 by’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu, birimo: ubwicanyi, iyicarubozo, gudata ku ngufu no kugaba ibitero ku basivili; byose byakozwe ubwo yari umuyobozi wa Janjaweed kuva muri Kanama 2002 kugeza muri Mata 2004.

Ariko we mu kwiregura kwe, yabwiye abacamanza muri ICC ko atemera ibyaha by’intambara ashinjwa.

ICC yari yaramushyiriyeho impapuro zimuta muri yombi mu 2007, Leta ya Sudan yari iyobowe na Omar al-Bashir iramufata ariko irongera iramurekura, kugeza ubwo yagiye mu buhungiro. Yaje gufatirwa muri Repubulika ya Centrafrica n’ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye (MINUSCA), mu 2020, ahita yoherezwa mu Buholandi.

Umutwe wa Janjaweed urashinjwa gukora ubwicanyi bwibasiriye ubwoko bwo muri Darfur bwari bwiganje mu mitwe yitwaje intwaro yarwanyaga ubutegetsi ‘bw’igitugu’ bwa Omar Bashir, ubwicanyi bwatumye Umuryango w’Abibumbye woherezayo ingabo zibungabunga amahoro n’umutekano mu butumwa bwiswe UNAMID.

Janjaweed irashinjwa kwirara mu basivili b’i Darfur, ikicamo abagera ku 300,000, abandi barenga miliyoni 2.7 bagahunga nk’uko raporo zitandukanye zabigaragaje.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *