img_20220414_003204.jpg

Perezida Kagame yageze i Kingston, mu ruzinduko rw’amateka (Amafoto)

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yamaze kugera i Kingston mu murwa mukuru wa Jamaica, aho yatangiye uruzinduko rw’akazi rwa mbere yagiriye muri iki gihugu.

Saa cyenda z’igicamunsi cyo muri Jamaica (Saa tanu z’ijoro z’i Kigali) ni bwo indege yari itwaye Umukuru w’Igihugu yasesekaye ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Norman Manley i Kingston, aho yatangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu.

Ni uruzinduko yatangiye nyuma yo gusoza urw’iminsi itatu muri Congo-Brazzaville.

Perezida Kagame akigera i Kingston yakiriwe n’imbaga y’abayobozi batandukanye ba Jamaica, barangajwe imbere na Guverineri mukuru (Governor general) wa kiriya gihugu, Sir Patrick Allen.

Abamwakiriye kandi barimo Minisitiri w’Intebe wa Jamaica, Andrew Holness cyo kimwe n’abandi bayobozi muri Guverinoma ya Jamaica barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Kamina Johnson Smith, Mark Golding uyobora Opozisiyo ya Jamaica, Minisitiri w’Ubutabera akanaba Perezida w’agateganyo w’urukiko rw’ubujurire n’abandi benshi.

Perezida Kagame akigera muri kiriya gihugu cyo mu birwa bya CarraĂŻbes hanarashwe amasasu mu rwego rwo kumuha icyubahiro.

Biteganyijwe ko kuri uyu wa Kane Umukuru w’Igihugu azageza ijambo ku bagize inteko ishinga amategeko ya Jamaica, mu muhango uzabera ku ngoro yayo iri ahazwi nka Gordon House.

Perezida Kagame kandi azanashyira indabo ku mva ishyinguwemo Marcus Garvey, intwari ya mbere ya Jamaica.

Uruzinduko rwa Perezida Kagame muri Jamaica rugamije gushimangira umubano w’u Rwanda n’iki gihugu.

Byitezwe ko ruzanasiga ibi bihugu byombi bisinyanye amasezerano y’ubufatanye mu nzego zitandukanye.

img_20220413_235146.jpg

img_20220414_003204.jpg

img_20220414_003211.jpg

img_20220413_235156.jpg

img_20220413_235152.jpg

img_20220413_232625.jpg

img_20220413_234543.jpg

img_20220413_234555.jpg

img_20220414_001929.jpg

img_20220414_001917.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *