Amakuru aheruka y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ku ngengabitekerezo ya jenoside n’ibyaha bifitanye isano na byo byakozwe mu cyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (kuva ku ya 7 kugeza ku ya 13 Mata) yerekana ko hari abantu 68 bakekwaho icyaha, muri dosiye 53.
Nk’uko uru rwego rubitangaza, ngo 43 muri aba bakekwa barafunzwe mu gihe 13 bakiri gucika. Batatu muri aba bakekwa barimo gukurikiranwa badafunzwe mu gihe icyenda bataramenyekana.
Dukurikije imibare ya RIB mu myaka itandatu ishize, hagabanutseho dosiye 61, igabanuka ringana na 53.5 ku ijana, ryabaruwe mu cyumweru.
Hari dosiye 83 muri 2021, 55 muri 2020, 72 muri 2019 kimwe na 2018, mu gihe umwaka wa 2017 handitswe 114.
Mu mwaka wa 2016, mu cyumweru cyo kwibuka ku rwego rw’igihugu, Polisi cy’igihugu yagejejweho ibirego bigera kuri 40 by’ingengabitekerezo ya jenoside.
Nkuko byavuzwe, kugabanuka muri ibyo byaha biterwa n’ingufu guverinoma yashyizeho mu kurwanya ingengabitekerezo ya jenoside ndetse n’imitekerereze myiza y’abaturage benshi mu kurwanya ingengabitekerezo ya jenoside n’ibyaha bifitanye isano nayo.


