Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko ibiganiro yemeye kugirana n’imitwe yitwaje intwaro ikorera ku butaka bw’iki gihugu ari amahirwe ya nyuma yayihaye, kugira ngo abarwanyi bayo barambike intwaro hasi.
Umuvugizi wungirije wa Perezida Félix Antoine Tshisekedi, Tina Salama, yemeje aya makuru abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter.
Ati: “Amahirwe ya nyuma ku mitwe yose yitwaje intwaro igikorera ku butaka bwa Congo. Imitwe yose igomba gushyira hasi intwaro hanyuma ikinjira muri P-DDRCS [gahunda y’ibiganiro] hanyuma iyo mu mahanga igasubira iwayo.”
Abakuru b’ibihugu by’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) baheruka gufata ibyemezo birimo gusaba imitwe yitwaje intwaro yose ikorera muri RDC guhita irambika intwaro, ikomoka mu mahanga yo ikava ku butaka bw’iki gihugu, abayigize bagasubira mu bihugu byabo.
Bemeje ko abahagarariye imitwe yitwaje intwaro ikomoka muri RDC bagirana ibiganiro na Leta ihagarariwe na Perezida Tshisekedi, bitakunda muri RDC hakoherezwa byihuse umutwe w’ingabo zihuriweho n’akarere zo kurwanya iriya mitwe.
Ejo ku wa Gatanu ni bwo Perezida Tshisekedi yagombaga kuganirira n’abahagarariye imitwe imurwanya i Nairobi, gusa ibiganiro ntibyigeze biba ku mpamvu z’uko bamwe mu barebwa na byo batashoboye guhita bagera i Nairobi.
Kugeza ubu ntiharamenyekana igihe ibi biganiro bigomba gusubukurirwa.


