Umutwe w’iterabwoba wa Jnim ukorera muri Mali urigamba gufata abacancuro benshi b’umutwe w’ingabo wigenga ukomoka mu Burusiya, Wagner Group.
Mu itangazo uyu mutwe wasohoye kuri uyu wa 24 Mata 2022 nk’uko RFI ibivuga, wavuze ko wafatiye aba bacancuro mu mirwano yabereye mu gace ka Moura mu ntangiriro z’uku kwezi, ngo ubwo bari kumwe n’ingabo z’igihugu.
Muri iyi mirwano, ingabo za Mali ziherutse gutangaza ko zishemo abarwanyi ba Jnim 203, zifata mpiri 51. Uyu mutwe utavuze umubare w’abacancuro ba Wagner wafashe, uvuga ko muri iyi mirwano haguyemo abasivili amagana.
Uyu mutwe w’iterabwoba wigambye gufata abarwanyi ba Wagner mu gihe Mali ivuga ko nta bariyo, ahubwo abariyo ari abasirikare ba Leta y’u Burusiya.
Leta ya Mali n’Umuryango w’Abibumbye byatangiye iperereza ku rupfu rw’abasivili baguye muri iyi mirwano


