Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Gutteres “arahamagarira imitwe yitwaje intwaro muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo kugira uruhare mu biganiro bya politiki nta shiti, naho imitwe yose yitwaje intwaro y’abanyamahanga akayisaba kurambika intwaro hasi abayigize bagahita bataha iwabo nta mananiza”.
Ubutumwa bwasomwe kandi butangwa n’Umuvugizi w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye. Impande zose (guverinoma, indorerezi n’imitwe yitwaje intwaro) “na yo yishimiye ubutumwa butera imbaraga bwohererejwe n’Umuvugizi w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye”, nk’uko itangazamakuru rya leta ribitangaza.
“Umunyamabanga Mukuru yitaye ku buryo bubiri bwemejwe na Conclave y’abakuru b’ibihugu, harimo gushyiraho ingabo z’akarere no kuvugurura inzira ya politiki ihuriweho. Yashimangiye ko hakenewe ubufatanye bunoze hagati y’ingabo z’akarere na MONUSCO bikaba ari ngombwa mu rwego rwo kurinda umutekano w’abaturage”.
“Yahamagariye imitwe yose yitwaje intwaro yo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo kugira uruhare mu bikorwa bya politiki nta shiti, kandi imitwe yose yitwaje intwaro yo mu mahanga kurambika intwaro no gutaha nta kandi ako kanya nta mananiza mu bihugu bakomokamo”, ibi bikubiye mu butumwa bwa Antonio Gutteres bwasomwe n’Umuyobozi Mukuru w’ibiro by’Intumwa ye Idasanzwe muri CIRGL.
Ubutumwa bukomeza bugira buti: “Umunyamabanga Mukuru ashimangira akamaro k’ingamba zuzuye zo gukemura intandaro y’amakimbirane mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, harimo n’ingamba zitari iza gisirikare, ndetse no gushyira mu bikorwa neza gahunda zisanzwe z’ubutabera bw’inzibacyuho no gusubiza mu bzima busanzwe abahoze ari abarwanyi.”
Ibiganiro hagati ya leta ya Kinshasa n’imitwe yiwaje intwaro byari ku munsi w kabiri kuri iki Cyumweru, bikaba bikomeza kuri uyu wa Mbere i Nairobi byitabirwe n’imitwe isaga icumi yitwaje intwaro iturutse mu Ntara za Ituri na Kivu y’Amajyaruguru.


