U Burusiya bwirukanye abadipolomate 40 b’u Budage

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa mbere, Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Burusiya yatangaje ko abadipolomate 40 b’u Budage batagifite ikaze mu gihugu kubw’ibyo bakaba bagomba gusubira iwabo.

Icyemezo kije nyuma y’aho u Budage nabwo bwirukanye abadipolomate bangana gutya b’u Burusiya nk’uko iyi nkuru dukesha VOA ivuga.

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Burusiya mu itangazo ryayo yatangaje ko yafashe iki cyemezo nyuma y’uko u Budage buvuze ku ya 4 Mata ko “umubare munini” w’abakozi ba ambasade y’u Burusiya i Berlin ubu “utifuzwa”.

Hashize igihe, u Burusiya n’ibihugu byo mu burengerazuba biri mu ntambara ya dipolomasi kuva u Burusiya bwatangiza ibitero muri Ukraine.

Ku ya 13 Mata, u Burusiya bwafatiye ibihano abadepite 398 bo muri Kongere ya Amerika nyuma yo gutangaza ibihano Washington yafatiye abagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Burusiya (Duma).

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *