Kuwa gatanu w’icyumweru gishize mu rukera nibwo abantu batunguwe no kubona umukobwa wambaye ubusa ari hejuru y’inzu ntacyo yitayeho.

Abantu bagiye biyongera bigeza aho baba benshi cyane ariko bakomeza gureba iryo shyano ryabaye, ntibyavuzweho rumwe, bamwe bati birashoboka ko yaba yarozwe abandi bati ni umusazi.

Umusore w’inkwakuzi yuriye inzu aramumanura, akimugeza hasi bamuhase ibibazo bitandukanye ariko nta jambo cyangwa igisubizo cyigeze gituruka mu kanwa k’uwo mukobwa.


Uyu mukobwa wasanzwe hejuru y’inzu itari iy’iwabo, biravugwa iwabo bari bamubuze, abatari bake bahwihwiswa ko ari amarozi kuko ngo umuntu muzima ntiyakurira inzu yambaye ubusa, akaba yajyanywe mu bashinzwe indwara zo mu mutwe ngo babashe kumenya icyabiteye.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Leki@bwiza.com


