CAN: Ikipe ya Misiri yabonye itike yo kujya muri ½ cy’irushanwa Kongo na Maroc biratakara

Sangiza iyi nkuru

Mu gihe irushanwa ry’igikombe nyafurika cy’ibihugu ririmbanyije, kuri uyu wa 29 Mutarama 2017 ikipe ya Misiri yabashije gukuramo ikipe byari bihanganye ya Maroc ku gitego kimwe ku busa.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Muri uyu mukino wa ¼ cy’irushanwa, amakipe yombi yabanje kugwa minswi mu gice cya mbere ndetse n’icya kabiri aho mu minota hafi 80 y’umukino ari bwo ikipe ya misiri yabashije gutsinda igitego kimwe ari na cyo cyayihesheje amahirwe yo gukomeza muri ½, iki gitego kikaba cyatsinzwe n’umukinnyi Mahmoud Kahraba.
Uyu mukino waje ukurikira uwari wahuje ikipe ya repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo nayo yaje gukurwamo n’ikipe ya Ghana byari bihanganye.
Ikipe ya Ghana ikaba yatsinze iya Kongo ibitego 2 kuri kimwe, ibi bitego bikaba byatsinzwe n’abasore b’impanga bakinira iyi kipe bose.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Biteganyijwe ko ku munsi ukurikiraho w’irushanwa, ikipe ya Misiri izahura na Burkina Faso naho Ghana ikazahura na cameroun muri ½ cy’irushanwa.
 
Nsengimana@Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *