Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Augustin Matata Ponyo, yatangaje ko aziyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu mu matora ataha. Yabitangaje ubwo hasozwaga kongere y’ishyaka rye, Leadership et Gouvernance pour le Développement (LGD), kuri uyu wa Kabiri, itarik 3 Gicurasi.
Iri shyaka ryanatangajwe ku mugaragaro kuri uyu munsi ryahise rinahitamo uyu mugabo usanzwe ari umwarimu muri kaminuza na senateri, nk’umuyobozi waryo ku rwego rw’igihugu.
Uburyo bwo gucunga ibibazo rusange burangwa, nk’uko Augustin Matata Ponyo abivuga, n’ubuyobozi bukomeye n’imiyoborere ntangarugero: ni kuri uyu murongo ngo iri shyaka rishya rizahagararaho. Iri shyaka kandi rishaka kugirirwa icyizere kuva mu ntangiriro kizaryemerera kugera ku butegetsi nk’uko iyi nkuru dukesha RFI ivuga.
Perezida w’ishyaka washyizweho akaba yahise yemera ko yahiswemo ngo abe umukandida waryo ku mwanya w’umukuru w’igihugu.
Matata Ponyo yagize ati “Ndabamenyesha ko nahisemo kwemera amahitamo yanyu yo kungira umukandida”.
Yakomeje avuga ko afitiye”inzozi igihugu cye”. Ati: “Inzozi nk’iza Patrice Emery Lumumba, kugira rwagati ku mugabane imbaraga mu bukungu zikorera Congo, Abanyafurika ndetse n’Isi. Inzozi zirashoboka! »
Ku bijyanye n’ibibazo afite mu mategeko, uwahoze ari Minisitiri w’intebe wa Joseph Kabila kuva mu 2012 kugeza mu 2016 yamaganye umugambi wa politiki wo kumubuza kuzatanga kandidatire ye mu matora ya perezida yo mu 2023.


