Icyizere cya Arsenal cyo gukina UEFA Champions league cyayoyotse nyuma yo kwisasirwa na Newcastle

Sangiza iyi nkuru

Icyizere cya Arsenal cyo gukina imikino ya UEFA Champions league cyayoyotse mu ijoro ryakeye, nyuma yo gutsindwa na Newcastle United ibitego 2-0.

Iyi kipe y’umutoza Mikel Arteta yari yasuye Newcastle i St James Park, mu mukino ubanziriza uw’umunsi wa nyuma wa Shampiyona y’Abonngereza.

Ni umukino Arsenal yaherukaga kunyagirwa na Tottenham Hotspur ibitego 3-0 yasabwaga gutsinda, igahita ikatisha itike yo gukina imikino ya UEFA Champions league iheruka kugaragaramo muri 2017.

Igitego myugariro Ben White yitsinze ku munota wa 55 w’umukino ndetse n’icyo ku munota wa 85 cy’umunya-BrĂ©sil Bruno GuimarĂŁes ni byo byafashije New Castle kwegunana amanota atatu y’uriya mukino.

Arsenal kuri ubu iri ku mwanya wa gatanu n’amanota 66, irushwa abiri na Tottenham ya kane.

Umutoza Mikel Arteta nyuma yo gutsindwa na New Castle yavuze ko abakinnyi be badakwiye kugira urwitwazo na ruto batanga.

Ati: “Muri iri joro dukwiriye kumira uburozi bwose twiyumvamo hanyuma ejo tugakomeza urugendo. Mu by’ukuri wari umukino ukomeye cyane. Mu busanzwe nkunze kwicara nkarengera ibyo tuba twakoze, ariko New Castle yari nziza incuro 100 ugereranyije natwe, kuva umukino ugitangiye kugeza urangiye.”

Arteta yunzemo ko ikipe ye itigeze ihatana, ashimangira ko New Castle yakanabatsinze ibitego birenze ibyo batsinzwe.

Arsenal kuri ubu irasabwa gutsinda Everton bazahura ku munsi wa nyuma wa Shampiyona kugira ngo ibashe kubona itike ya UEFA Champions league, ariko nanone igasenga isaba ko Tottenham yatsindwa na Norwich yamaze kumanuka mu cyiciro cya kabiri.

Umutoza Arteta yavuze ko mu mibare bigishoboka, gusa ashimangira ko imyitwarire Arsenal yagaragaje idakwiriye ikipe yifuza gukina UEFA champions league.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *