Myugariro ukina i Burayi yabaye umukinnyi wa mbere byamenyekanye ko yahamagawe mu Mavubi

Sangiza iyi nkuru

Myugariro Nirisarike Salomon ikinira ikipe ya Urartu FC yo muri Armenia ni we wabimburiye abandi kumenyekana ko yahamagawe mu kipe y’Igihugu ‘Amavubi’, mu rwego rwo kwitegura imikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cya 2023.

Amavubi azakina na Mozambique tariki ya 2 Kamena na tariki ya 7 Kamena na Senegal, mu mikino y’ijonjora ry’Igikombe cya Afurika cya 2023 kizabera muri Côte d’Ivoire.

Kugeza ubu abakinnyi baziyambazwa n’umutoza Carlos Ferrer ntibaratangazwa, gusa byamaze kumenyekana ko Salomon Nirisarike ari umwe muri bo.

Ikipe ya Urartu ni yo yemeje ko Salomon uri mu bakinnyi bayoboye ubwugarizi bw’Amavubi yamaze guhamagarwa, mu butumwa yanyujije kuri Twitter.

Biteganyijwe ko hagati yo ku wa Kane no ku wa Gatanu w’iki cyumweru ari bwo umutoza azatangaza urutonde rw’abakinnyi bose yahamagaye, mbere y’uko umwiherero w’ikipe y’igihugu utangira hagati y’itariki ya 24 Gicurasi 2022.

Amavubi kuri ubu arajwe ishinga no kureba niba ashobora kwitwara neza akongera kwitabira Igikombe cya Afurika aherukamo mu myaka 18 ishize.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Myugariro ukina i Burayi yabaye umukinnyi wa mbere byamenyekanye ko yahamagawe mu Mavubi
    Aya mafaranga aba apfuye ubusa peee.

  2. Myugariro ukina i Burayi yabaye umukinnyi wa mbere byamenyekanye ko yahamagawe mu Mavubi
    Aya mafaranga aba apfuye ubusa peee.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *