Afurika y’Epfo: Urubanza rwa Jacob Zuma kuri ruswa rwimuriwe muri Kanama

Sangiza iyi nkuru

Urukiko Rukuru rwa Pietermaritzburg muri Afurika y’Epfo rwimuriye urubanza rwa ruswa rwa Jacob Zuma, wahoze ari Perezida, ku itariki ya 1 Kanama 2022 nk’uko tubikesha Euronews.

Iyi tariki nshya yagennwe mu rwego rwo kugerageza kurangiza icyifuzo, cyo kongera gusuzuma, cyatanzwe n’uwahoze ari perezida wa Afurika y’Epfo kuri Mandissa Maya, perezida w’urukiko rw’ubujurire.

Jacob Zuma yagerageje gushnja umushinjacyaha mukuru, umunyamategeko Billy Downer, amushinja kubogama. Iburanisha ryo kuri uyu wa Kabiri ryibanze gusa ku matariki urubanza rushobora kuburanishwaho, mu gihe hagitegerejwe ibirego no kumenya uko abanyamategeko bazaboneka.

Zuma ushinjwa ibyaha bya ruswa, iyezandonke no gusahura bifitanye isano n’amasezerano ya miliyari 2 z’amadolari y’Amerika yakozwe mu myaka ya za 90, n’uhagarariye ikigo gicuruza intwaro cyo mu Bufaransa, Thales, ntibari bitabye urukiko.

Urubanza rwa ruswa, rwatangiye kuva muri Gicurasi 2021, rwagiye rugaragaramo amayeri menshi yo gutinza urubanza y’itsinda ry’abanyamategeko b’uwahoze ari umukuru w’igihugu, riregwa mu bindi kuba ryarahawe ruswa n’iki kigo gicuruza intwaro cy’Abafaransa kitwa Thalès.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *