Ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ y’abari n’abategarugori yatangiye nabi irushanwa rya CECAFA y’abagore, nyuma yo gitsindwa na Uganda yayakiriye ibitego 2-0.
Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino wa mbere wo mu tsinda A wabereye ku kibuga cy’ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru muri Uganda (FUFA) i Njeri.
Ibitego bibiri Uganda yatsindiwe na Fazila Ikwaput ni byo byayifashije gukura amanota atatu ku Rwanda.
Uyu mukobwa yafunguye amazamu ku munota wa 39 w’umukino, mbere yo gutsinda igitego cya kabiri ku munota wa 48 w’umukino abanje kuroba umunyezamu Itangishaka Claudine wari wasohotse nabi.
U Rwanda kuri ubu ruri ku mwanya wa gatatu muri iri tsinda, rukaba runganya ubusa bw’amanota na Djibouti ya nyuma.
Iyi Djibouti yafashe umwanya wa nyuma mu tsinda nyuma yo gutsindwa n’u Burundi buriyoboye ibitego 3-0.


