Myugariro w’Ikipe y’igihugu ‘Amavubi’, Salomon Nirisarike, yamaze gusezererwa n’ikipe ya Urartu FC yo muri Armenie yari amaze igihe akinira.
Iyi kipe ni yo yemeje aya makuru ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter.
Salomon Nirisarike yatandukanye na Urartu FC ari kumwe n’umunya-Ghana Annan Mensah cyo kimwe na Armen Manucharyan; nyuma yo kurangiza amasezerano bari bafite.
Urartu FC yavuze ko ishimira aba bakinnyi “ku bwitange n’imikino bakinnye, bityo ikabifuriza amahirwe masa muri kariyeri yabo y’ahazaza.”
Salomon Nirisarike kuri ubu uri kumwe n’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ muri Afurika y’Epfo bitegura umukino w’ijonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika kizabera muri CĂ´te d’Ivoire bahuriramo na Mozambique, yari umukinnyi wa Urartu FC kuva muri Gashyantare 2020.
Ni nyuma yo kuyigeramo avuye muri Pyunik yo muri Armenia na yo yari yaragezemo avuye muri FC Tubize yo mu Bubiligi.
Muri Kamena umwaka ushize Salomon yari yongereye amasezerano y’umwaka umwe gusa birangira akunze kugorwa no kubona umwanya wo gukina.
Kugeza ubu aho uyu musore w’imyaka 29 y’amavuko agomba kwerekeza ntiharamenyekana.


