Umutoza w’ikipe ya Real Madrid, Zinedine Zidane, arasanga ikipe ye ifite byinshi byo kuvugurura nyuma yo kwihererana ikipe ya Granada ikayitsinda ibitego 2-1 kuri iki Cyumweru.
Ikipe ya Real Madrid kuri ubu irabarizwa ku mwanya wa 3 ku rutonde rwa shampiyona aho irushwa amanota 4 na Barcelona iri ku mwanya wa mbere.

Mu kiganiro yahaye BBC kuri uyu wa Mbere Zidane yagize ati: “Tugiye kugerageza kuvugurura buri kimwe — inyuma ndetse no mu busatirizi kubera ko dukeneye gutsinda ibindi bitego. Twagize amahirwe menshi kandi tuzi ko kuri uru rwego dukeneye kubashyira ku murongo kugirango turusheho kumva dutuje mu mukino wacu” .
Umukinnyi w’inyuma, Dani Carvajal, wagerageje kwitwara neza muri uyu mukino ndetse agaha umupira mwiza Benzema ukavamo igitego, nawe yatangaje ko bakizeye ko bakiri guhatanira umwanya wa mbere muri La Liga.
Yavuze ko igitego cya Modric cyatumye baguma mu rugamba rwo gukomeza guhatanira umwanya wa mbere ndetse bakazarwana kugeza ku iherezo.
Yavuze ko nubwo ibi bisa nk’ibidashoboka urebeye ku mibare, bagiye gukora ibishoboka bakajya batsinda buri mukino muyo basigaje gukina kuko ngo ari byo byabageza ku kwegukana igikombe.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com



