Umutwe witwaje intwaro wa M23, wahishuye ko wari warasezeranyijwe kuzaba uw’ingabo kabuhariwe (special force unit) mu za Repubulika ya Demukarasi ya Congo zizwi nka FARDC.
Byasobanuwe n’Umuvugizi w’uyu mutwe, Maj. Willy Ngoma mu itangazo yasohoye asubiza Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Christophe Lutundula washimangiye tariki ya 6 Kamena 2022 mu kiganiro n’abanyamakuru ko nta mishyikirano na wo izongera kubaho, keretse hagati ya Leta n’uwufasha.
Muri iri tangazo ryasohotse kuri uyu wa 8 Kamena 2022, Maj. Ngoma yasobanuye ko Perezida Félix Tshisekedi atarajya ku butegetsi, ashinzwe ububanyi n’amahanga mu ishyaka UDPS no mu gihe yari ariyoboye, yafataga M23 nk’umutwe urwanirira ukuri kandi yari ayishyigikiye.
Na nyuma y’uko agiye ku butegetsi, ngo naho yari agishyigikiye uyu mutwe witwaje intwaro, ndetse afite gahunda yo kuwuhindura uw’ingabo kabuhariwe. Ati: “Na vuba mu 2020 n’2021 nyuma yo kujya ku butegetsi, yari yiteguye guhindura abasirikare ba M23 mo umutwe wa special forces wari kuzamufasha kugarura amahoro mu burasirazuba bw’igihugu.”
M23 yagaragaje ko ibabajwe n’uko Perezida Tshisekedi yayiteye umugongo, agatangiza urugamba rugamije kuyirandura burundu, agahagarika imishyikirano impande zombi zari zatangiriye i Nairobi muri Mata 2022, kuri ubu guverinoma ye ikaba iyita umutwe w’iterabwoba ukwiye kurwanywa.


