Minisitiri Patel ari ku gitutu kubera umupolisi ukomoka muri Iran ushobora koherezwa mu Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Umunyamabanga muri guverinoma y’u Bwongereza ushinzwe umutekano w’imbere, Priti Patel, ari ku gitutu kubera uwari ofisiye muri Iran uri ku rutonde rw’abimukira bashobora koherezwa mu Rwanda.

Umuryango Care4Calais watanze ikirego mu rukiko rukuru rw’u Bwongereza kigamije kuburizamo iyoherezwa ry’abimukira, usobanura ko ku ikubitiro guverinoma izohereza abari hafi y’100, muri bo harimo 14 bakomoka muri Iran.

Umuryango Aban Tribunal w’abanya-Iran wandikiye Minisitiri Patel, umumenyesha ko wamenye ko ku rutonde rw’abagiye koherezwa harimo uyu mupolisi wahunze Leta ya Iran nyuma yo kuyitangaho ubuhamya ku ikandamizwa ry’ikiremwamuntu.

Iyi barurwa The Guardian ivuga ko yabonye, isobanura ko uyu mupolisi mbere y’uko ahungira mu Bwongereza tariki ya 14 Gicurasi 2022, ubutabera bwa Iran bwari bwaramukatiye igifungo cy’imyaka 5 bumuziza kwanga gukurikiza ibwiriza ryo kurasa atavangura abaturage bari mu myigaragambyo mu 2019.

Umujyanama w’uyu muryango, Hamid Sabi, asobanura ko uyu mupolisi amaze kugera mu Bwongereza akoresheje ubwato buto, yahise afungirwa mu kigo cya Gatwick gicumbikira abimukira.

Sabi yagaragaje impungenge z’uko uyu mupolisi ashobora kuzisanga mu maboko ya Leta ya Iran, kuko ngo ikomeje kumushakisha ngo afungwe.

Uyu mupolisi yageze mu Bwongereza hashize ukwezi guverinoma y’iki gihugu n’iy’u Rwanda zigiranye amasezerano yo kohereza abimukira, areba abagezeyo bakoresheje ubwato buto guhera muri Mutarama 2022.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *