img-20220610-wa0025.jpg

Musanze: Hatewe ibindi bisasu, bikekwa ko na byo byaturutse muri RDC

Sangiza iyi nkuru

Mu kagari ka Nyabigoma, umurenge wa Kinigi, akarere ka Musanze harashwe ibindi bisasu bibiri bya roketi bikekwa ko byaturutse muri teritwari ya Rutshuru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC).

Abahaye Bwiza.com amakuru, basobanura ko ibi bisasu byaguye ahantu habiri hatandukanye mu mudugudu wa Gasizi mu masaa tanu, byaba byaturutse mu gace ka Tshanzu gaherereye muri gurupoma ya Jomba muri Rutshuru.

Birashoboka koko kuko urubuga Kivu Morning Post rwo muri RDC rwatangaje ko saa yine n’iminota 40 z’igitondo (saa tanu na 40 zo mu Rwanda) cy’uyu wa 10 Kamena 2022, muri Tshanzu hubuye imirwano hagati y’ingabo za Leta n’umutwe witwaje intwaro wa M23.

Rwagize ruti: “Saa 10:40 hubuye imirwano hagati y’ingabo za Congo na M23 ku musozi wa Tshanzu uri mu maboko y’uyu mutwe witwaje intwaro. Imirwano ibaye nyuma y’iminsi 2 y’agahenge muri aka gace aho imirwano yari ikomeje hagati ya FARDC na M23.”

Umwe muri aba baturage yatangaje ko ibi bisasu byaguye mu mirima, ku buryo byaba nta muntu byishe cyangwa ngo bimukomeretse. Ati: “Biguye mu mirima, ngo umenya nta muntu bihitanye.”

Ibi bisasu biguye muri Nyabigoma nyuma y’ibindi byaguye muri uyu murenge wa Kinigi na Nyange tariki ya 19 Werurwe n’iya 23 Gicurasi 2022, bigakomeretsa abaturage, bikanasenya n’ibikorwa byabo birimo inzu y’ubucuruzi.

Soma iyi nkuru https://bwiza.com/?Musanze-Haguye-ibisasu-bikekwa-ko-byaturutse-muri-RDC

Igisirikare cy’u Rwanda icyo gihe cyemeje ko ibi bisasu byatewe n’ingabo za RDC zifatanyije na FDLR irwanya Leta y’u Rwanda, mu mirwano bihanganiyemo na M23. Cyanasabye urwego rw’umuryango w’akarere k’ibiyaga bigari rushinzwe kugenzura umutekano wo ku mbibi, EJVM, kubikoraho iperereza.

Soma inkuru ya RDF isaba ko hakorwa iperereza https://bwiza.com/?RDF-yasabye-ko-hakorwa-iperereza-ku-ngabo-za-RDC-zarashe-ibisasu-i-Musanze
img-20220610-wa0025.jpg
img-20220610-wa0024.jpg

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. Musanze: Hatewe ibindi bisasu, bikekwa ko na byo byaturutse muri RDC
    Ariko abo baradushakaho iki?abo ba ndeko tika bango sikoyo naza na musala mingi soki nasilisi yango bakokona nga a partir ya le 5juillet nakovisite bango bayebisa nga eloko balingi.

  2. Musanze: Hatewe ibindi bisasu, bikekwa ko na byo byaturutse muri RDC
    Ariko abo baradushakaho iki?abo ba ndeko tika bango sikoyo naza na musala mingi soki nasilisi yango bakokona nga a partir ya le 5juillet nakovisite bango bayebisa nga eloko balingi.

  3. Musanze: Hatewe ibindi bisasu, bikekwa ko na byo byaturutse muri RDC
    Simeranya na wa mujenerali wacu wasabye Imana kutumva amasengesho yacu igihe tuyiyambaza ngo intambara zihoshe. Nsanga intambara ntacyo izana gifatika! Abayishoza sibo bayigwamo. Abategetsi ba M23 nka Nkunda bibereye mu magorofa hano i Kigali ariko bakohereza abana ba rubanda ngo bajye kwicwa! Ikindi giteye inkeke ni amayeri menshi akoreshwa ngo benyegeze umuliro. Muri ibyo hari ukurasa mu giturage! Mwarekeye aho!

  4. Musanze: Hatewe ibindi bisasu, bikekwa ko na byo byaturutse muri RDC
    Simeranya na wa mujenerali wacu wasabye Imana kutumva amasengesho yacu igihe tuyiyambaza ngo intambara zihoshe. Nsanga intambara ntacyo izana gifatika! Abayishoza sibo bayigwamo. Abategetsi ba M23 nka Nkunda bibereye mu magorofa hano i Kigali ariko bakohereza abana ba rubanda ngo bajye kwicwa! Ikindi giteye inkeke ni amayeri menshi akoreshwa ngo benyegeze umuliro. Muri ibyo hari ukurasa mu giturage! Mwarekeye aho!

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *