Abanyarwanda 21 bafatiwe i Goma barafungwa

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi mukuru w’ikigo (DGM) gishinzwe abinjira n’abasohoka muri Congo, ku wa Kabiri tariki ya 7 Gashyantare 2017, yerekanye Abanyarwanda 21 bafatiwe ku butaka bwa Congo bafite amakarita y’itora yo muri Congo. Igikorwa cyo kuberekana cyabereye i Goma muri Kivu y’Amajyaruguru.
Uyu muyobozi yatangaje ko abo Banyarwanda bafashwe bambutse bavuye mu Rwanda berekeza muri Congo i Goma, baciye ahazwi nka Grande barrière, bakaba baranafatanwe indangamuntu zibaranga ko ari Abanyarwanda.
Radiyo Okapi yatangaje iyi nkuru, itangaza kandi ko nyuma yo gufatwa, babiri muri bo batorotse mu gihe abandi 19 bafungiye muri gereza y’urwego rushinzwe iperereza izwi ku izina rya T2 iherereye i Goma. Umuyobozi wa DGM ni we ukomeza ubitangaza.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Sisiyeti Sivile mu gace ka Nyiragongo gaherereye mu birometero 10 uvuye i Goma yatangaje ko muri Mutarama, nabwo hafatiwe Abanyarwanda bashinjwa bimwe n’aba bafashwe.
Norbert Bazengezi Katintima, Visi perezida wa Komisiyo ishinzwe amatora yatangaje ko iperereza ririmo gukorwa ngo hamenywe magendu yaba irimo gukorerwa mu gace ka Nyiragongo.
Yagize ati: “dufite ayo makuru, ariko kugeza iyi saha ntabwo twakwemeza niba ari ukuri cyangwa ibinyoma, ni ngombwa ko iryo perereza risozwa”.
Amatora mu gihugu cya Congo yari ateganyijwe kuba mu mpera z’umwaka ushize arasubikwa akazaba 2018 nyuma y’imyaka 2 y’inzibacyuho ubu perezida Kabila ayoboye, aya makarita Abanyarwanda bavugwaho gufatanwa akaba akoreshwa nk’ibyangombwa, uyifite n’ubundi aba agaragara nk’umuturage wa Congo Kinshasa.

Carte d'électeur.
Ikarita y’itora yo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Itangishatse Théoneste/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *