Umunya-Côte d’Ivoire Salomon Kalou wakiniye ikipe ya Chelsea mu gihugu cy’u Bwongereza, yatunguranye asinyira gukinira ikipe ya Arta Solar 7 yo mu gihugu cya Djibouti.
Kalou yasanze muri iyi kipe Alex Song wahoze akinira Arsenal, n’ibindi bikomerezwa nk’umunya-Burkina Faso Alain Traoré, umunya-Sénégal Diafra Sakho, umunya-Caméroun Idriss Kameni ndetse na Dany Nounkeu.
Kalou w’imyaka 36 y’amavuko, byitezwe ko yagiye kongerera iyi kipe imbaraga kugira ngo izabashe guhatana ku ruhando rwa Afurika.
Arta ifite gahunda yo kuba ikipe ifite izina rikomeye muri Afurika, bityo ikaba iri gukoresha bamwe mu bakinnyi basanzwe bafite amazina akomeye mu mumpira w’amaguru kugira ngo izabigereho.
Kalou yasinye muri iyi kipe amasezerano y’amezi arindwi, nyuma yo gukinira amakipe nka Lille ndetse na Hertha BC.
Muri Mata muri uyu mwaka akaba yari umukinnyi w’igurisha nyuma yaho amasezerano ye arangiriye mu ikipe ya Botafogo yo muri Brésil.
Arta nibura yabashije kwegukana ibikombe bibiri muri uyu mwaka w’imikino, 2021-2022, harimo igikombe cya shampiyona ya Djibouti.


