Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru hano mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko ryahagaritse ku mirimo Muhire Henry wari Umunyamabanga Mukuru waryo kubera ibyo agomba kubazwa bijyanye n’inshingano ze.
FERWAFA yemeje aya makuru ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter, gusa ntiyahishura ibyo Muhire agomba kubazwa.
Uyu mugabo cyakora cyo yahagaritswe nyuma y’amanyanga yari amaze igihe avugwa muri FERWAFA.
Ni amanyanga ashingiye ku cyateje urunturuntu hagati ya Rwamagana City na AS Muhanga zo mu cyiciro cya kabiri.
Rwamagana City FC yarezwe na AS Muhanga ko yakinishije umukinnyi witwa Mbanza Joshua ukandi afite amakarita atatu y’umuhondo, ibyanashimangiwe na Muhire Henry mu kiganiro na bimwe mu bitangazamakuru.
Ferwafa yabanje gusezerera Rwamagana City mu irushanwa, itegeka ko iterwa mpaga, gusa iyi ikipe yo mu Karere ka Rwamagana yarajuriye ndetse ubujurire bwayo buhabwa ishingiro, yemererwa gukomeza nyuma yo gusanga yararenganyijwe.
FERWAFA kandi imaze igihe inavugwamo amanyanga yerekeye amakipe asigaye aharirana amanota, igashinjwa kutagira icyo ibikoraho.
Muhire Henri Brulart yari Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA kuva muri Mutarama uyu mwaka.
Iri shyirahamwe ryatangaje ko yasimbuwe by’agateganyo na Delphine Uwanyiligira wari Komiseri w’ibijyanye n’Amategeko.


