Umunya-Misiri Mohamed Salah yasezeye kuri Sadio Mané bari bamaze igihe bafatanya kuyobora ubusatirizi bwa Liverpool, amumenyesha ko azakumburwa cyane.
Ni nyuma y’uko kuri uyu wa Gatatu Sadio Mané yerekeje muri Bayern Munich yasinyiye amasezerano y’imyaka itatu.
Iyi kipe yo mu Budage igomba kumutangaho miliyoni 41 z’ama-Euro.
Mané yari umukinnyi wa Liverpool kuva muri 2016 nyuma yo kuyigeramo avuye muri Southampton.
Igenda rye ryababaje abarimo Salah wamusezeyeho abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter, ashimangira ko azakumburwa cyane.
Ati: “Byari urugendo! Warakoze ku bw’ibihe byose byiza [twagiranye] kandi ndakwifuriza amahirwe masa mu rugendo rwawe rushya! Twese tuzagukumbura.”
Mané mu myaka itandatu yari amaze akinira Liverpool, yashoboye kuyitsindira ibitego 120 mu mikino 269 yayikiniye; atanga imipira 48 yavuyemo ibitego.
Ku mutoza Jürgen Klopp, ibi birahagije ngo uriya munya-Sénégal yinjire mu bakinnyi b’ibihangange b’ibihe byose Liverpool yatunze mu mateka yayo.


