Minisitiri w’ingabo wa Ukraine, Oleksii Reznikov, yateguje u Burusiya ibihe bikomeye nyuma yo kwakira intwaro za HIMARS zaturutse muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, USA.
Minisitiri Reznikov kuri uyu wa 23 Kamena 2022, yashimiye mugenzi we wo muri USA, General Lloyd Austin kuba yohereje izi ntwaro Ukraine imaze iminsi isaba kugira ngo ibashe guhangana n’ingabo z’u Burusiya.
Muri ubu butumwa buri kuri Twitter, Reznikov yagize ati: “HIMARS zageze muri Ukraine. Mwakoze mugenzi wanjye Lloyd J. Austin III ku bw’ibi bikoresho bikomeye! Muri iyi mpeshyi haraba hashyuhiye Abarusiya b’abambuzi. Kandi hazaba iherezo kuri bamwe muri bo.”
Gen. Austin aheruka muri Ukraine muri Mata 2022 ubwo yari kumwe n’Umunyamabanga wa USA, Antony Blinken. Icyo gihe ni bwo basabwe intwaro zitandukanye, by’umwihariko HIMARS.




2 Responses
Ukraine yateguje u Burusiya ibihe bikomeye nyuma yo kwakira HIMARS zaturutse muri USA
Ibi ntahandi bijyana uretse ku ntambara ya 3 y’isi,ubwo bashobora kurwanisha bombes atomiques isi igashira.Twiragije imana yaturemye ngo izatwike intwaro zo mu isi hamwe n’abantu bose bakora ibyo itubuza nkuko ijambo ryayo rivuga.
Ukraine yateguje u Burusiya ibihe bikomeye nyuma yo kwakira HIMARS zaturutse muri USA
Ibi ntahandi bijyana uretse ku ntambara ya 3 y’isi,ubwo bashobora kurwanisha bombes atomiques isi igashira.Twiragije imana yaturemye ngo izatwike intwaro zo mu isi hamwe n’abantu bose bakora ibyo itubuza nkuko ijambo ryayo rivuga.