RDC: Abagera kuri 20 baburiwe irengero nyuma y’impanuka y’ubwato

Sangiza iyi nkuru

Abantu bagera kuri 20 baburiwe irengero kuva kuri iki cyumweru gishize, itariki 12 Gashyantare nyuma y’impanuka y’ubwato yabereye mu Kiyaga cya Kivu.
Nk’uko byatangajwe na Norbert Rugusha, komiseri ushinzwe ibiyaga watanze iyi mibare, yavuze ko ubwato bwari buturutse ahitwa Bulenga muri teritwari ya Kalehe butwaye abantu 45 bwerekeza i Bukavu. Uyu muyobozi akaba avuga ko abandi bantu 22 batabawe.
“Kugeza ubu imibare y’agateganyo dufite ku kijyanye n’abarokotse ni 22. Ejo hashize twabonye 19, uyu munsi twabonye abandi 3 ku karwa. Kuri ubu iperereza rirakomeje.”, uwo ni Norbert Rugusha.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Iyi nkuru dukesha Radio Okapi ivuga ko ubu bwato bwa moteri bwibiranduriye ku karwa ka Ntaligeza kari mu Kiyaga cya Kivu hafi y’amajyaruguru y’Ikirwa cy’Idjwi. Ibya mbere byavuye mu iperereza bikaba bivuga ko umuyaga ukabije ushobora kuba ari wo nyirabayazana wo kurohama.
Uyu komiseri ushinzwe ibiyaga akaba yatangaje ko byinshi kuri iyi mpanuka nk’icyayiteye, ibyo ubwato bwari butwaye n’umubare nyawo w’abagenzi aza kubitangaho amakuru nyuma.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *