Gicumbi: Umusore wigaga muri Kaminuza yasanzwe mu mugozi yapfuye

Sangiza iyi nkuru

Umusore wari umunyeshuri muri Kaminuza y’ubugeni n’Ikoranabuhanga ya Byumba (UTAB), kuri uyu wa Gatandatu yasanzwe mu mugozi yapfuye.

Amakuru avuga ko uyu musore yabonetse amanitse mu mugozi wari uboshywe mu mupira yambaraga, mu mudugudu Kinihira, mu kagari ka Gisuna ho mu murenge wa Byumba.

Inkuru y’urupfu rwe yamenyekanye ubwo hari umucuruzi wari ugiye kurangura akamubona amanitse ku rugo ruri hafi yaho yari atuye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Byumba, Ngezahumuremyi Théoneste, yatangaje ko bitaramenyekana niba uriya musore yaba yishwe cyangwa yiyahuye.

Ati: “Twahawe amakuru n’umuntu wari ugiye kurangura ko abonye umuntu wari umanitse ku ruzitiro yapfuye, amanitse mu mugozi, yari umunyeshuri wigaga muri UTAB mu mwaka wa kabiri. Ntituramenya niba ari ukwiyahura cyangwa ari ukwicwa.”

Nyakwigendera wari mu kigero cy’imyaka 23 y’amavuko yigaga mu ishami ry’uburezi (Education), akaba avuka mu Karere ka Nyamasheke, mu ntara y’Iburengerazuba.

Gitifu wa Byumba yavuze ko yari asanzwe abana mu nzu n’undi munyeshuri, gusa ngo yari yamubwiye ko ari butahe bwije.

Amakuru kandi avuga ko uyu musore witwa John mbere yo gupfa yari yabanje kunywera mu kabari kari hafi y’urugo rwaho yari atuye, mbere yo kuhava mu masaha y’igicuku ataha.

Abageze mbere aho umurambo we wasanzwe bavuga ko basanze nta kintu yibwe kuko yaba telefoni ye, n’ibindi bikoresho yari afite babimusanganye.

Kuri ubu iperereza riracyakomeje ngo hamenyekane intandaro y’urupfu rw’uriya munyeshuri.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *