Amahoro n’umutekano birashoboka muri RDC_Amb. Karega

Sangiza iyi nkuru

Ambasaderi w’u Rwanda muri Congo Kinshasa, Vincent Karega, asanga amahoro n’umutekano bishoboka muri iki gihugu nyuma y’imyaka myinshi cyarayogojwe n’intambara.

Ni mu butumwa uyu mudipolomate yanyujije ku rubuga rwe rwa Twitter.

Ati: “Amahoro n’umutekano muri RDC ndetse no mu karere birashoboka kandi byagirira inyungu cyane bose.”

Ambasaderi Karega yavuze ibi mu gihe Uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bumaze igihe bwugarijwe n’ikibazo cy’umutekano muke ahanini uterwa n’imitwe yitwaje intwaro.

Ingabo za Congo Kinshasa by’umwihariko kuva mu mezi make ashize zihanganye mu mirwano n’inyeshyamba z’umutwe wa M23 zikomeje kwigarurira uduce dutandukanye tw’intara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Guverinoma ya Kinshasa ishinja u Rwanda gufasha uyu mutwe, ndetse umwuka mubi ukomeje gututumba hagati y’ibihugu byombi kubera wo.

U Rwanda cyakora cyo na rwo rushinja gufasha Ingabo za Congo Kinshasa kugirana imikoranire n’imutwe wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ambasaderi Karega by’umwihariko ni umwe mu bakubititse kubera idogera ry’uyu mubano, bijyanye no kuba abenshi mu banye-Congo n’abanyapolitiki batandukanye bakomeje kotsa Leta yabo igititu ngo imwirukane.

Aba kandi basaba ko Congo Kinshasa yaca umubano burundu n’u Rwanda bashinja gutera igihugu cyabo.

Ambasaderi Vincent Karega cyakora cyo asanga imitwe ikorera mu Burasirazuba bwa Congo Kinshasa itakabaye ikibazo, kuko bishoboka kuyirwanya ndetse bikaba bikwiye.

Ati: “Imitwe itemewe n’amategeko ikwiye kurwanywa. Imiyoborere myiza yatejwe imbere na bose, ku bw’akarere gatekanye cyane kandi gateye imbere.”

Byitezwe ko ba Perezida Paul Kagame na mugenzi we FĂ©lix Tshisekedi bahurira i Luanda muri Angola, mu biganiro biza kuba byigira hamwe ku kibazo cy’umutekano muke uri mu Burasirazuba bwa RDC.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *