Shinzo Abe yapfuye nyuma yo kurasirwa mu ruhame

Sangiza iyi nkuru

Shinzo Abe wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani yapfuye, nyuma yo kurasirwa mu ruhame kuri uyu wa Gatanu.

Abe yarasiwe mu mujyi wa Nara aho yagezaga ijambo ku baturage.

Televiziyo y’igihuhu (NHK) mu kanya kashize ni yo yatangaje ko yapfuye.

NHK yatangaje ko urupfu rwa Shinzo rwemejwe n’umwe mu bayobozi b’ishyaka Liberal Democratic Party wavuze ko “yapfiriye mu bitaro byo mu mujyi wa Kashihara ho mu karere ka Nara; aho yari ari kuvurirwa. Yari afite imyaka 67 y’amavuko.”

Iyi Televiziyo mu masaha yashize yari yatangaje ko akimara kuraswa yahise agira ikibazo cyo guhagarara umutima.

Umujyi wa Nara Shinzo Abe yarasiwemo uherereye mu Burengerazuba bw’u Buyapani.

Uyu munyapolitiki yari yawerekejemo mu gikorwa cyo kwiyamamaza, mbere y’amatora y’abagize inteko ishinga amategeko mu Buyapani ateganyijwe ku Cyumweru.

Iraswa rye ryari ryabanje kwemezwa n’Umunyamabanga Mukuru wa Guverinoma y’u Buyapani, Hirokazu Matsuno; mu kiganiro n’abanyamakuru.

Uyu yavuze ko “umugabo umwe ukekwaho kuba uwarashe yafunzwe. Ubuzima bw’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe uko bwifashe ntibizwi.”

Hirokazu yunzemo ati: “Tutitaye ku mpamvu iyo ariyo yose, igikorwa cy’ubugizi bwa nabi nk’iki ntigishobora kwihanganirwa kandi turacyamagana cyane.”

Shinzo Abe w’imyaka 67 y’amavuko, yabaye Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani hagati ya 2006 na 2020; ibimugira uwa mbere wayoboye Guverinoma ya kiriya gihugu igihe kirekire kurusha abandi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *