Burundi: Leta yiyemeje guca burundu abasabirizi n’abana bo mu mihanda muri Bujumbura

Sangiza iyi nkuru

Abayobozi b’u Burundi kuri uyu wa Kane ushize batangaje ko umukwabu w’igipolisi wo kurundanya abasabirizi mu Mujyi wa Bujumbura utazahagarara kugeza baciwe burundu mu mihanda.

Abasabirizi bagera kuri 300 n’abana bo mu mihanda batawe muri yombi hagati yo kuwa Gatatu no kuwa Kane, nk’uko byatangajwe n’Ihuriro ry’amashyirahamwe arengera abana (FENADEB), umuryango uhuriyemo imiryango 70 itegamiye kuri leta.

“Nituzahagarika igikorwa cyacu kugeza gusabiriza n’abana bo mu mihanda biciwe mu Burundi,” uyu ni Felix Ngendabanyikwa, Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’ubumwe bw’igihugu.

Ubuzererezi buhanishwa igihano cy’imyaka 2 y’igifungo mu Burundi, mu gihe gushora abana mu bikorwa byo gusabiriza bishobora guhanishwa imyaka 15 y’igifungo nk’uko iyi nkuru dukesha AFP ivuga.

Ngendabanyikwa yavuze ko abantu bakuru bafatiwe muri uyu mukwabu bazashyikirizwa inkiko, mu gihe abana bazoherezwa mu bigo bizabasubiza ku murongo mbere yo gusubizwa iwabo.

Mu mpera za Kamena, minisiteri yari yahaye abana bo mu mihanda n’abasabirizi ibyumweru bibiri byo gusubira iwabo cyangwa bagahanwa.

Guverinoma y’u Burundi yari yarakoze igikorwa nk’iki mu 2018 nk’uko byatangajwe na Ferdinand Ntamahungiro, umuhuzabikorwa wa FENADEB.

Ariko, abari basubiye mu miryango yabo bongeye gusubira mu mihanda ya Bujumbura nk’uko Ntamahungiro akomeza avuga.

Ntamahungiro akaba yasabye abayobozi ahubwo kwita ku mpamvu zibasunikira kujya mu mihanda, nk’ubukene n’amakimbirane yo mu miryango, mu gihugu ubu gifatwa nk’icya mbere gikennye cyane ku Isi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *