Ubushakashatsi bwakozwe mu gihugu cya Kenya bugaragaza ko umukandida ku mwanya wa perezida w’ishyaka United Democrati Alliance (UDA), William Ruto, kuri ubu asatira cyane mugenzi we uzaba uhagarariye Azimio la Umoja, Raila Odinga, mu gihe habura ukwezi kumwe gusa kugira ngo amatora nyirizina yo ku ya 9 Kanama abe.
Mu bushakashatsi ku waba umukuru w’igihugu uyu munsi ukurikije uko abakandida bakunzwe muri rubanda bwashyizwe ahagaragara n’ikigo cy’ubushakashatsi, TIFA, kuri uyu wa Mbere, itariki ya 11 Nyakanga, Raila afite amajwi 42% mu gihe Ruto afite 39%.
Ikinyuranyo hagati yabo ngo cyaragabanutse kugera kuri gatatu ku ijana kivuye kuri kane. Mu bushakashatsi bwashyizwe ahagaragara ku ya 18 Kamena, Raila yari afite amajwi 39% mu gihe Ruto yari afite 35%.
Umukandida w’ishyaka rya Roots, George Wajackoyah yagira amajwi 4 ku ijana amatora abaye uyu munsi nk’uko urubuga kenyans.co.ke dukesha iyi nkuru ruvuga.
Wolf yabisobanuye agira ati: “Raila na Ruto bombi bungutse ugereranije n’ubushakashatsi buheruka kubera ko igabanuka ry’abavuze ko batigeze bafatwa kuva kuri 14 kugeza ku 10%”.
Ruto ashyigikiwe cyane mu majyaruguru (15%), mu gihe yatakaje benshi muri South Rift (33%). Umukandida wa Azimio yashyigikiwe cyane muri South Rift (17%) atakaza 2% mu majyaruguru.
I Nairobi, Odinga akomeje kuza imbere cyane n’amajwi 58% naho Ruto akaza ku mwanya wa kabiri na 28% mu gihe Wajackoyah afite amanota 4%.


