Amakuru aturuka mu gihugu cya Tanzania aravuga ko rutahizamu Meddie Kagere n’ikipe ya Simba Sports Club bamaze bageze ku bwumvikane bw’uko bagomba gutandukana.
Kagere yari amaze imyaka itatu ari umukinnyi wa Simba nyuma yo kuyigeramo avuye muri Gor Mahia yo mu gihugu cya Kenya.
Muri Tanzania hari hamaze igihe hari amakuru avuga ko abayobozi ba Simba bacitsemo ibice kubera uyu rutahizamu w’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’.
Impamvu ni uko hari uruhande rwifuzaga ko Simba yamusezerera, urundi rukifuza ko yakongererwa andi masezerano mashya y’umwaka umwe.
Hari andi makuru avuga ko Kagere atishimye muri Simba, kubera kubura umwanya wo gukina.
Kagere kuri ubu uri kumwe na Simba SC mu Misiri aho yagiye kwitegurirayo shampiyona, bivugwa ko yamaze kumenyesha Simba ko batandukana akajaya kugeragaza amahirwe ahandi.
Global Publishers yatangaje ko impande zombi zamaze kumvikana ko bagomba gutandukana.
Umwe mu bayobozi ba Simba SC wahaye amakuru iki kinyamakuru, yavuze ko bari gutegura uburyo bwo kumusezeraho kuko muri iyi kipe bamwubaha bakanaha agaciro akazi yakoreye iyi kipe mu myaka ine yari ayimazemo.


