Ikipe ya Vipers FC yo mu gihugu cya Uganda, yamaze kwerekana umunya-Nigeria Abubakar Lawal wahoze akinira AS Kigali nk’umukinnyi wayo mushya.
Lawal yasinye amasezerano y’imyaka ibiri yo gukinira Vipers isanzwe itozwa n’umunya-BrĂ©sil Robertinho.
Ni nyuma y’imyaka ibiri akinira AS Kigali.
Iyi kipe y’Abanyamujyi mu mwaka ushize w’imikino yari yashoboye kuyitsindira ibitego umunani, anatanga imipira 10 yavuyemo ibitego mu marushanwa yose.
Uyu rutahizamu AS Kigali yanayifashije kwegukana Igikombe cy’Amahoro itsinze APR FC ku mukino wa nyuma.
Lawal nyuma yo gusinyira Vipers iheruka kwegukana Igikombe cya Shampiyona ya Uganda, yavuze ko yishimiye kuyibera umukinnyi.
Ati: “Ndumva nishimye kandi ndi mu rugo. Banyeretse urukundo kuva ngeze hano. Ndi hano ngo ntange ibyo mfite byose. Ndabizi ko ikipe itigeze igera mu matsinda ya CAF Champions league, bityo ndi hano kugira ingo ndwanire izo nzozi kuba impamo.”
Lawal yabaye umukinnyi wa karindwi Vipers isinyishije, nyuma ya Alfred Macumu Mudekereza, Olivier Omadjondo Osomba, Isa Mubiru, Marvin Joseph Youngman, Ashraf Mandela na Abdu Lumala.


