Minisitiri w'Intebe, Dr Ngirente ubwo yageraga Arusha

Perezida Kagame ntaboneka mu nama y’abakuru b’ibihugu bya EAC

Sangiza iyi nkuru

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, ntaboneka mu nama y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango w’akarere ka Afurika y’iburasirazuba (EAC) irabera i Arusha muri Tanzania uyu munsi n’ejo.

Ibiro bya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda bisobanura ko Umukuru w’Igihugu arahagararirwa na Dr Edouard Ngirente wamaze kugera i Arusha.

Mu butumwa byashyize hanze mu mwanya ushize, ibi biro byagize biti: “Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yageze Arusha, muri Tanzaniya, aho ahagarariye Perezida Kagame mu Nama ya 22 y’Abakuru b’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba.”

Perezida Kagame na Félix Tshisekedi wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) ni bo bimaze kumenyekana ko bataraboneka muri iyi nama. Evariste Ndayishimiye w’u Burundi na Yoweri Museveni wa Uganda bo bamaze kugera i Arusha.

Minisitiri w'Intebe, Dr Ngirente ubwo yageraga Arusha
Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente ubwo yageraga Arusha

Yakiriwe mu cyubahiro, mu izina ry'Umukuru w'Igihugu
Yakiriwe mu cyubahiro, mu izina ry’Umukuru w’Igihugu

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Perezida Kagame ntaboneka mu nama y’abakuru b’ibihugu bya EAC
    Kubona Urwanda na Congo aribyo bititabira iriya nama muri ibi bihe, birababaje! Ariko kandi ba minisitiri b’intebe nabo bazi neza ibibera mu bihugu byabo. Urwanda ruhagarariwe na Dr Edouard Nsinyehe kandi ni umuhanga cyane.

  2. Perezida Kagame ntaboneka mu nama y’abakuru b’ibihugu bya EAC
    Kubona Urwanda na Congo aribyo bititabira iriya nama muri ibi bihe, birababaje! Ariko kandi ba minisitiri b’intebe nabo bazi neza ibibera mu bihugu byabo. Urwanda ruhagarariwe na Dr Edouard Nsinyehe kandi ni umuhanga cyane.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *