Uvira: Bane bamaganaga MONUSCO bishwe n’umuriro w’amashanyarazi

Sangiza iyi nkuru

Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko abantu bane bo muri teritwari ya Uvira bari bitabiriye imyigaragambyo yo kwamagana misiyo y’amahoro y’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO), bishwe n’umuriro w’amashanyarazi.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 27 Nyakanga 2022 ni bwo abaturage bo muri Uvira, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, biyunze n’abandi Banyekongo mu myigaragambyo isaba MONUSCO kuva mu gihugu cyabo. Yakurikiye iyabereye mu mujyi wa Goma na Butembo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Umuvugizi wa guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya, yasobanuye ko ubwo abashinzwe umutekano ba MONUSCO barasaga mu kirere kugira ngo bakumire iyi myigaragambyo, ku bw’ibyago isasu ryafashe rumwe mu nsinga z’umuriro w’amashanyarazi ufite ingufu (haute tension), rugwa kuri aba bane, bahita bapfa.

Muyaya usanzwe ari na Minisitiri w’itumanaho yagize ati: “Igikorwa cyo kwigaragambya cyabereye uyu munsi muri Uvira, ku bw’ibyago cyavuyemo urupfu rw’abavandimwe bacu bane rwatewe n’umuriro w’amashanyarazi. Ubwo begeraga ikigo cya MONUSCO, abambara ingofero z’ubururu barashe mu kirere, amasasu afata inkingi y’amashanyarazi n’urutsinga, rwica abantu bane.”

Umuvugizi wa RDC yamenyesheje Abanyekongo ko umwanzi wabo atari MONUSCO bashinja kunanirwa kugarura amahoro n’umutekano mu gihugu cyabo, ahubwo ngo umwanzi wabo ni M23 ihanganye n’ingabo zabo kuva mu ntangiriro.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *