Abagizweho ingaruka n’ibitero bya FLN bandikiye Blinken

Sangiza iyi nkuru

Abaturage bagizweho ingaruka n’ibitero by’iterabwoba byagabwe n’umutwe wa MRCD-FLN ya Paul Rusesabagina mu Ntara y’Amajyepfo n’iy’u Burengerazuba, basabye umunyamabanga wa Leta Zunze za Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Anthony Blinken, ko bazabonana na we kugira ngo bamugaragarize uburyo ibyo bitero byagize kandi bikomeje kugira ingaruka ku miryango yabo.

RBA ivuga ko mu ibaruwa bamwandikiye, abagizweho ingaruka n’ibyo bitero by’iterabwoba bavuga ko “Biteye agahinda kubona hari abayobozi muri Amerika bakomeza kuvuga ko Rusesabagina arekurwa.”

Abagizweho ingaruka n’ibitero bavuga ko Rusesabagina yashinze kandi agatera inkunga umutwe w’iterabwoba wagabye ibyo bitero hagati y’ukwezi kwa Gatandatu kwa 2018 n’ukwa cumi 2019, kandi ukaba ukomeje kugaragaza ibikorwa byawo kugeza na n’uyu munsi, ushaka kugaba ibitero mu Rwanda.

Blinken ategerewe mu Rwanda kuwa 8 Kanama 2022. Mu ngingo bizwi ko zimuraje ishinga, harimo n’ifungwa rya Rusesabagina wari mu bayobozi bakuru ba MRCD-FLN.

Soma Izindi Nkuru

The Ben ari mu bitaro

April 16, 2026

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *