GridArt_20260416_093639078_copy_1000x666

Burundi: Minisitiri w’Itangazamakuru yasanzwe yapfuye

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho w’u Burundi, Gabby Bugaga, kuri uyu wa Kane tariki ya 16 Mata yasanzwe mu modoka yapfuye.

Umurambo wa Bugaga wanigeze kuba umunyamakuru, wasanzwe mu gace ka Rubirizi mu ntanzi z’umujyi wa Bujumbura, uri mu modoka ye.

Kugeza ubu ntiharamenyekana intandaro y’urupfu rwe, ariko amakuru amwe avuga ko yaba yazize impanuka.

Guverinoma y’u Burundi ntacyo iratangaza ku rupfu rwe.

Muri Kanama 2025, ni bwo Bugaga yari yagizwe na Perezida Evariste Ndayishimiye Minisitiri w’Itangazamakuru ndetse n’Itumanaho.

Soma Izindi Nkuru

One Response

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *