Rwongeye kwambikana hagati ya Israel na Gaza

Sangiza iyi nkuru

Israel ivuga ko yafunze abarwanyi bo mu nyesyamba zo muri Palestine mu bitero byasakiranyije impande zombi mu Karere ka Cisjordanie/West Bank yigaruriye nyuma y’ibitero by’indege kuri Gaza.

Ibi bitero byahitanye abantu 11 harimo n’umwana nk’uko bivugwa n’Umukuru w’Umutwe w’abatwanyi bo muri Palestina, Palestinian Islamic Jihad (PIJ), Tayseer Jabari.

Israel ivuga ko yateye muri Gaza nyuma y’aho yari yatewe na PIJ.

BBC ivuga ko mu ijoro ryakeye,Gaza yamishe ibisasu muri Israel ariko byose ngo byasamiwe mu kirere bitaragwa ku butaka nk’uko igisirikare cya Israel cyabitangaje.

Ugushyamirana hagati ya Israel na Gaza kongeye kwaduka nyuma y’umwaka hari agahenge. Iyi mirwano ni imwe muri ikomeye hagati y’impande zombi.

Soma Izindi Nkuru

The Ben ari mu bitaro

April 16, 2026

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *