Gen Tumwine yajyanywe mu bitaro igitaraganya

Sangiza iyi nkuru

Uwahoze ari Minisitiri w’Umutekano muri Uganda, Gen Elly Tumwine, ibinyamakuru bimwe bivuga ko yajyanywe mu Bitaro bya Nakasongola, igitaraganya ku bw’indwara itatangajwe.

Bamwe mu bantu bo mu nzego z’umutekano batashatse kumenyekana, birinze gutangariza BOOM UG uburwayi bwafashe uyu mugabo gusa bavuze ko Gen Tumwine yari atameze neza kuva mu Cyumweru gishize ndetse ko yajyanywe mu bitaro muri icyo gihe.

Iki kinyamakuru cyabajije Umuvugizi wa UPDF, Brig Gen Felix Kulaigye, avuga ko adashobora kugira icyo atangaza ku buzima bw’umusirikare mu bitangazamakuru.

Yagize ati ” Sinavuga ku buzima bw’umuntu runaka mu bitangazamakuru.”

Gen Tumwine Elly w’imyaka 68 ni umwe mu basirikare bakuru bagejeje Museveni ku butegetsi mu 1986. Yinjiye igisirikare mu 1979 anyura mu mashuri ya gisirikare nka Monduli.

Bivugwa ko ari we warashe isasu rya Mbere ku kigo cya gisirikare cya Kabamba, ari naryo ryari ritangije urugamba rwo gufata ubutegetsi kwa NRA.

Soma Izindi Nkuru

The Ben ari mu bitaro

April 16, 2026

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *