Umunyamabanga Mukuru w’umuryango mpuzamahanga wita ku buzima uzwi nka OMS cyangwa WHO, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus, avuga ko ikibazo cy’umutekano muke kiri mu ntara ya Tigray iri mu zigize Ethiopia gifite uburemere kurusha icyo muri Ukraine.
Dr Tedros ukomoka muri Tigray, yabibwiye abanyamakuru bagiranye ikiganiro kuri uyu wa 17 Kanama 2022. Cyakurikiye ubutumwa yatanze butabariza abo muri iyi ntara, avuga ko bagiye kumara imyaka 2 bafungiwe serivisi z’ingenzi zirimo iza banki n’iz’itumanaho bitewe n’intambara y’umutwe wa TPLF uharanira ubwigenge bwayo n’ingabo za Leta.
Ubu butumwa yatanze tariki ya 10 Kanama bwagiraga buti: “Ni he handi ku Isi Leta ibuza abaturage miliyoni 6 gukoresha amafaranga yabo, ifunga banki mu gihe cy’amezi 20 kandi gikomeje? Ibi biri kubera muri Ethiopia. Ibi byahungabanyije ubushobozi bw’abaturage bo muri Tigray bwo kugera kuri serivisi z’ubuzima, ibiribwa n’ibindi by’ibanze bikenerwa mu buzima.”
Dr Tedros muri iki kiganiro n’abanyamakuru, yavuze ko amahanga atita ku kibazo cyo muri Tigray kandi gikomeye, agasobanura ko byaba biterwa n’ivangura rishingiye ku ibara ry’uruhu.
Yagize ati: “Mu bijyanye n’ibibazo bikeneye ubutabazi, nababwira ko ikibazo cyo muri Tigray kiruta icyo muri Ukraine, nta gukabya kurimo. Mu menshi ashize navuze ko ahari impamvu ni ibara ry’uruhu rw’abantu bo muri Tigray. Mu mezi make ashize, sinigeze numva byibuze Umukuru w’Igihugu n’umwe akivugaho, by’umwihariko mu bihugu biteye imbere. Kubera iki? Ngira ngo turabizi.”
Umunyamabanga Mukuru wa OMS avuga ko byashoboka ko amahanga yagarura intekerezo, akimakaza ubumuntu maze akagira uruhare mu gushakira ibisubizo ibibazo biri muri Tigray, intara ituwe n’abantu babarirwa muri miliyoni 6, aho yemeza ko abaturage baho bavukijwe uburenganzira bwo kubaho.
Dr Tedros yiseguye asobanura ko atagaragaje iki kibazo kubera ko akomoka muri Tigray. Ati: “Iki ni cyo kiza kibi cyane ku Isi. Si uko nkomoka muri Tigray, uko ni ko kuri.”


