Tigray: Imirambo y’abantu 46 yarunzwe hamwe iribwa n’impyisi

Sangiza iyi nkuru

Umukozi wo mu butabazi mu Mujyi wa Shire muri Tigray utashatse gutangaza amazina ye, avuga ko muri Nzeri 2022, ahitwa Shimblina, abantu 46 bishwe bakarundanywa nyuma bakaribwa n’impyisi kuko babuze gishyingura.

Uyu mukozi yabwiye BBC ati: “Muri Nzeri abantu bane batubwiye ko mu mudugudu wa Shimblina, abantu 46 barundanyijwe maze bakicwa. Abaturage basanzwe bapfuye bicanywe n’amatungo yabo.”

Akomeza agira ati ” Impyisi zari zariye imirambo yabo, bashoboraga kumenyekana gusa kubera imwe mu myambaro yabo. Ababibonye bavuze ko nta mwanya bari bafite wo guhamba iyo mirambo kandi impyisi zari hafi kuyimaraho.”

Ibituma ubwo bwicanyi bwari bukabije, nk’uko abivuga, ni uko abishwe bose ari abo mu bwoko buto bw’aba Kunama, butigeze bwishora mu ntambara n’inzangano.

Uyu mukozi yongeraho ati: “Impande zombi zirimo gutakaza abasirikare, iyo rero bageze mu mudugudu umujinya wabo bawutura abo basanze.”

Ubu Tigray yabaye isibaniro ry’intambara, aho ingabo za Ethiopia na Eritrea ku ruhande rumwe, hamwe n’ingabo za Tigray People’s Liberation Front (TPLF), zirwanira kugenzura aka akarere kahoze kuva cyera kabonwa nk’ingenzi mu butegetsi muri Ethiopia, cyangwa mu cyahoze cyizwi mu mateka nka Abyssinia.

Alex de Waal ukuriye ikigo World Peace Foundation cyo muri Amerika ati: “Hari nibura ingabo 500,000 za Eritrea na Ethiopia ziri mu mirwano, kongeraho abarenga 200,000 ku ruhande rw’aba-Tigray”.

Yongeraho ko nyuma y’iminsi 50 y’imirwano idahagarara, muri iki cyumweru ingabo za Tigray zitari zigishobora kwihagararaho muri Shire kubera kubura amasasu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *