Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, P?apa Francis yaburiye abapadiri n’ababikira ku byago byo kureba amashusho y’imibonano mpuzabitsina azwi nka purono avuga ko “bica intege umutima wa gipadiri”. Mu kiganiro i Vatican, Papa Francis, w’imyaka 85, yasubizaga ikibazo kijyanye n’ukuntu imbuga za internet n’imbuga nkoranyambaga zikwiye gukoreshwa. Y?avuze ko kureba amashusho y’imibonano mpuzabitsina ari “ingeso abantu benshi cyane bafite… ndetse n’abapadiri n’ababikira”. Y?abwiye abapadiri n’abaseminari (abiga mu mashuri ategura abashobora kuba abapadiri) ati: “Shitani yinjirira aho” nk’uko iyi nkuru dukesha BBC, ALJAZERA na The Guardian ivuga. K?u bijyanye no gukoresha imbuga nkoranyambaga n’imbuga za internet, Papa Francis yavuze ko zikwiye gukoreshwa ariko abasaba kutazitaho igihe cyinshi cyane. Y?agize ati: “Umutima usukuye, uwo Yezu yakira buri munsi, ntushobora kwakira aya makuru y’amashusho y’imibonano mpuzabitsina”. Y?agiriye iryo tsinda inama yo “gusiba ibi kuri telefone yawe, kugira ngo utazagira igishuko mu kiganza”. I?nyigisho za Kiliziya Gatolika zifata amashusho y’imibonano mpuzabitsina nk’icyaha ku bumanzi.


