Nyina w’umukobwa wakubiswe na bagenzi be mu buryo bukomeye bamuziza ‘gusambana’ n’umusore ukundana n’umwe muri bo, Pretty Nicole wamenyekanye nka Doreen, yatangaje ko uyu umwana we afite imyaka 14 y’amavuko.
Videwo igaragaza uyu mukobwa wo muri Uganda akubitwa na bagenzi be yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, bumvikana bamubwira ko yarenze umurongo, agerageza gusambana n’uyu musore.
Polisi yiyemeje gutangira iperereza kugira ngo abagize uruhare muri uru rugomo bagezwe mu butabera, ibajije Nicole, avuga ko yakubitiwe ukuri, yemera ko yahemukiye bagenzi be bamukubise. Umuvugizi wungirije w’uru rwego muri Kampala, ASP Luke Owoyesigyire yabyemeje ati: “Yishinje ibyabaye byose, kandi yumva yari akwiye gukubitwa.”
Nyina w’uyu mukobwa, Aisha Nakazibwe Kwagala, yatangaje ko uyu mukobwa afite imyaka 14 y’amavuko, kandi ngo yakubiswe yatorotse urugo. Ati: “Nicole afite imyaka 14 y’amavuko. Yatorotse urugo ariko natunguwe nokubona akubwitwa n’abantu ntazi.”
BWIZA yabashije kubona urupapuro rw’ivuka rya Nicole. Bigaragara ko yavukiye mu ivuriro rya Good Samaritan tariki ya 14 Gicurasi 2008.


