Robertinho yatsinze umukino we wa mbere nk’umutoza wa Simba SC

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Simba Sports Club yaraye itsinze Mbeya City ibitego 3-2, mu mukino wa mbere iyi kipe yo muri Tanzania yatsinze iri kumwe n’umunya-Brésil Robertinho uyitoza.

Simba yari yakiriye Mbeya City mu mukino w’umunsi wa 20 wa shampiyona ya Tanzania wabereye kuri Stade yitiriwe Benjamin Mkapa i Dar es Salaam.

Ibitego bya Simba byatsinzwe n’Umurundi Saido Ntibazonkiza watsinze bibiri (icyo ku munota wa 11 n’icya Penaliti yo ku munota wa 49), ndetse n’icy’intsinzi cyo ku munota wa 56 w’umukino cyatsinzwe n’umunya-Sénégal Pape Ousmane Sakho.

Bibiri bya Mbeya City byombi byatsinzwe na rutahizamu wayo (Richardson Ng’ondya ku munota wa 13 n’uwa 78).

Gutsinda uyu mukino byatumye Simba Sports Club ya Robertinho wahoze atoza Rayon Sports ya hano mu Rwanda ikomeza kwirukanka kuri mukeba wayo Young Africans ikiyirusha amanota atandatu.

Iyi Simba iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 47, ikaba irusha amanota ane Azam FC iyikurikiye ku mwanya wa gatatu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *