Ingabo za USA zivuganye abarwanyi 30 ba Al-Shabab

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) cyatangaje ko cyivuganye abarwanyi 30 b’umutwe w’iterabwoba wa Al Shabab uheruka kugaba ibitero ku ngabo za Leta ya Somalia.

Muri iyi minsi imirwano ikomeje gufata umurego hagati y’ingabo za Leta ya Somaliya n’umutwe w’iterabwoba ugendera ku mahame akaze ya Isilamu wa Al Shabab. Mu ntangiriro z’icyumweru cyashize, uyu mutwe wakomeje kugenda utangaza ko ukomeje kwivugana abasirikare benshi ba Leta.

Nubwo uyu mutwe wakomeje kugenda wigamba guhitana ingabo nyinshi za Leta, mu mpera z’icyumweru na wo wishwemo abarwanyi barenga 30 ku bufatanye bwa Leta n’ingabo za USA nk’uko ishami ryazo ku mugabane wa Afurika ribitangaza.

Igitero cyahitanye abarwanyi 30 ba Al-shabab cyagabwe n’indege hafi y’umujyi wa Galcad mu birometero 262 mu majyaruguru y’Uburasirazuba bw’umurwa mukuru, Mogadishu. Cyabayeho mu buryo bwo kwihorera kubera ko byari nyuma yuko ibirindiro by’ingabo za USA bigabweho igitero n’abarwanyi barenga 100 ba Al Shabab.

Nubwo abarwanyi bagabye igitero ariko basanze nta musirikare wa USA wari uri kuri ibi birindiro nk’uko byatangajwe na komanda w’ingabo za USA ku mugabane wa Afurika.

Mu itangazo uyu muyozi yasohoye, yagize ati: “Ingabo za Leta zunze ubumwe z’Amerika muri Afurika, zizakomeza gutanga imyitozo n’inama kandi zizaha ibikoresho abafatanyabikorwa ba Amerika kugira ngo bibafashe gutsinda imitwe y’iterabwoba nka al-Shabab.”

Muri raporo yasohowe kandi n’ibiro bishinzwe ingabo ku mugabane wa Afurika ku ruhande rw’ingabo z’Amerka zavuze ko imodoka eshatu za Al Shabab zasenyutse kandi nta musivile waguye mu mirwano mu mujyi wa Galcad.

Al Shabab irwana na guverinoma ya Somaliya kuva mu mwaka wa 2006, igamije gushyiraho ubutegetsi bugendera ku mahame ya Kisilamu. Mu gihe yirukanwe mu murwa mukuru Mogadishu no mu tundi turere ikomeje gutegura ibitero bya gisirikare byibasira abasivili.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *