Umugabo wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu mpera z’icyumweru gishize yarashwe n’imbwa bari kumwe mu modoka, birangira imwishe.
Byabereye muri Leta ya Kansas iri mu burengerazuba bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Itangazo rya Polisi ya Amerika rivuga ko iyo mbwa yarashe nyakwigendera wari wicaye imbere mu modoka ku bw’impanuka, ubwo yakandandagiraga imbunda yari mu ntebe y’inyuma mu modoka yo mu bwoko bwa Pickup.
Itangazo riragira riti: “Imbwa yari iya nyirimodoka (yo mu bwoko bwa Pickup) yakandagiye ku mbunda, bituma iyo ntwaro irasa. Urufaya rw’amasasu rwafashe umugenzi wahise apfira aho azize ibikomere.”
Itangazo rivuga ko kuri ubu “iperereza riracyakomeje”, gusa rikavuga ko iperereza ry’ibanze ryerekana ko ibyabaye ari “impanuka ifitanye isano no guhiga.”
Abayobozi muri Amerika cyakora cyo ntibatangaje niba uwarashwe yari nyiri iyo mbwa.


