Umunyapolitiki Seth Kikuni yahaye urw’amenyo Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Congo Kinshasa witegura kugenderera igihugu cya gatanu mu gihe kitageze ku cyumweru.
Kikuni ni umwe mu bari bahatanye na Tshisekedi mu matora y’Umukuru w’Igihugu yo muri 2018.
Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa Twitter, yavuze ko ingendo Tshisekedi yirirwa agirira mu mahanga nta kindi azimaza usibye kwirirwa ahendeza.
Ati: “Mu gihe cy’iminsi irindwi yagiye i Burundi, muri Angola, Afurika y’Epfo none vuba aha aragera mu birwa bya Comores. Umugaba w’Ikirenga akomeje ubukerarugendo bwe yifashishije igipupe [indege] cye gishya. Aho agiye hose icyo akora ni uguhendeza.”
Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo Tshisekedi yari i Bujumbura mu Burundi, aho yari yitabiriye inama y’abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yigaga ku bibazo biri mu gihugu cye.
Bukeye bwaho yerekeje i Oyo muri Congo-Brazzaville aho yaganiririye na Perezida Dénis Sassou N’guesso; mbere y’uko ku wa Mbere w’iki cyumweru yerekeza i Luanda muri Angola aho yabonaniye na Perezida João Lourenço.
Kimwe na Sassou N’guesso; amakuru avuga ko Tshisekedi na Perezida João Lourenço baganiriye ku kibazo cy’umutekano muke uri mu burasirazuba bwa RDC ndetse n’umwuka mubi uri hagati y’icyo gihugu n’u Rwanda.
I Luanda Tshisekedi yahavuye yerekeza i Cape Town muri Afurika y’Epfo; aho yari yatumiwe na mugenzi we Cyril Ramaphosa mu nama yiga ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro izwi nka Mining Indaba 2023.
Muri iyi nama yabaye ku wa Kabiri w’iki cyumweru; Tshisekedi nk’ibisanzwe yashinje u Rwanda gutera igihugu cye rubinyujije mu mutwe wa M23 umaze igihe mu mirwano na FARDC; akavuga ko impamvu nyamukuru y’iyi ntambara ari uko u Rwanda rurarikiye amabuye y’agaciro ari mu gihugu cye.
Amakuru aturuka i Moroni avuga ko Tshisekedi ahagera kuri uyu wa Kane, mbere yo kugirana ibiganiro na mugenzi we Azzali Asoumani w’ibirwa bya Comores.
Ni ibiganiro byibanda ku bibazo byugarije umugabane wa Afurika; gusa ngo bikanibanda ku buryo Comores na RDC bagirana ubufatanye mu nzego zitandukanye.


