M23 yasubije Tshisekedi wayishwishurije ko nta biganiro bya Politiki RDC izigera igirana na yo

Sangiza iyi nkuru

Umutwe wa M23 wasubije Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma yo kuwukurira inzira ku murima ko nta biganiro bya Politiki Leta y’igihugu cye izigera igirana na wo.

Tshisekedi mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Kane yavuze ko “nta kibazo gihari cyo kuganira n’uyu mutwe [M23] mu rwego rwa politiki, nta n’ubwo kizigera kibaho.”

Umukuru w’Igihugu cya Congo yavuze ko niba M23 ari abanye-Congo nk’uko ibivuga ikwiye “kwemera mu buryo busanzwe kwinjira mu mishyikirano yo kurambika intwaro no gusubizwa mu buzima busanzwe, bakajya mu buzima bwa gisivili.”

M23 biciye muri Perezida wayo, Bertrand Bisimwa, yasubije Tshisekedi ko impamvu umutwe ayoboye urwana ari iy’ukuri kandi ikaba ikurikije amategeko, bityo akaba ari ngombwa “kuyiheka no kuyitwara” kugeza igihe abaturage bazigobotorera ibizazane bya Politiki y’ubunyamaswa iteza amakimbirane “kugira ngo ihatire abenegihugu kujya mu buhungiro no kutagira ubwenegihugu.”

Yunzemo ko “Mu gihe cyose hatabaho ibiganiro bya Politiki hagati ya M23 na Guverinoma y’i Kinshasa ngo bemeranye ku nzira n’ibisabwa mu gukemura intandaro y’amakimbirane, M23 ntirebwa no guhuriza ahantu hamwe abasirikare bayo, kurambika intwaro no gusubira mu buzima busanzwe.”

Kugeza ubu hari ubwoba bw’uko imirwano ishobora kongera kubura hagati ya M23 na Leta ya Congo, nyuma y’iminsi impande zombi zaratanze agahenge.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *