Nyuma y’uko Manchester City inyagiye imvura y’ibitego4-1 ikipe ya arsenal, ku mukino uheruka kuyihuza,iyi kipe nayo yihimuye ku ikipe ya Chelsea iyitsinda ibitego 3-1.
Ni umukino wabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa kabiri, aho Arsenal yatangiye isatira maze ku munota wa 18 umukinnyi Artin Odegaard aba atsinze igitego cya 1 ku mupira yatunguje umunyezamu atera ishoti rikomeye akojejeho intoki biranga.
Ku munota wa 31 nabwo Artin Odegaard yabonye umupira mwiza ari mu rubuga rw’amahina aba ateye ishoti umuzamu ntiyakurikira.
Byasabye iminota ine gusa, kuba Gabriel Jesus anyeganyeje urushundura nyuma y’uko umupira utewe uganishwa mu rubuga rw’amahina rw’ikipe ya Chelsea maze habaho kurwanira umupira birangira Gabriel abaciye mu rihumye igitego kiba kirabonetse.
Umupira wakomeje Arsenal isatira ariko igice cyambere kiza kurangira nta kipe yongeye kureba mu izamu.
Ku munota wa 65 Noni Madueke yabonye umupira uturutse kuri mateo Kovacic aboneza mu izamu Chelsea iba ibonye igitego biba bibaye 3-1, umupira urangira gutyo
Kugeza ubu Arsenal iri ku mwanya w’ambere w’agateganyo n’amanota 78 mu gihe Manchester City ya kabiri ifite 76.





