Tanasha yigeze kugirana ibihe byiza na Diamond

Tanasha arateganya guhunga

Sangiza iyi nkuru

Umuhanzikazi Tanasha Donna yamaze gutangaza ko agiye guhunga n’umuryango we akerekeza mu gihugu atatangaje.

Tanasha yandinditse ku mbuga ze nkoranyambaga avuga ko atakomeza kwihanganira ibikomeje kubera muri Kenya.

Uyu muhanzikazi akaba na rwiyemezamirimo yikije kubyo Kenya ngo irimo kunyuramo bitandukanye bitandukanye n’ibyo yari ayiziho byayiranze mu myaka yo hambere.

Aha yavuze ko kuva umwaka wa 2023 watangira Kenya itigeze igira amahwemo ahubwo ngo yugarijwe n’ibibazo birimo imyigaragambyo, akavuyo n’umutekano mucye.

Ibi rero ngo byatumye afata umwanzuro wo guhungisha umuryango we bakajya mu kindi gihugu, gusa ntiyigeze akivuga.

Tanasha yigeze kugirana ibihe byiza na Diamond
Tanasha yigeze kugirana ibihe byiza na Diamond

Tanasha usibye kuba umunyamideli n’umuririmbyi ndetse akaba na rwiyemezamirimo,yakanyujijeho n’umuhanzi Diamond mu rukundo ariko nyuma baza gutandukana.

Nyuma yo gutandukana, uyu mugore yahise anasiba amafoto yose yagaragaraga kumbuga nkoramba ze arikumwe na Diamond ndetse n’amafoto yose ya Diamond arikumwe n’ umwana babyaranye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *