Mu rukiko Moses yagaragaye yiyogoshesheje

Turahirwa Moses yatakambiye Urukiko avuga ko gereza imaze kumuha isomo

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa mbere rero taliki 12 Kamena 2023, nibwo Turahirwa wari wambaye imyenda iri mu ibara ry’iroza iranga umugororwa, nibwo yagaragaye mu rukiko ngo aburanishwe ku bujurire bwe.

Moses Turahirwa washinze inzu y’imideli ya Moshoni yatakambiye urukiko Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ngo arekurwe abarane ari hanze , nyuma y’ibyaha akurikiranyweho birimo kunywa urumogi n’inyandiko mpimbano.

Moses yavuze ko mu minsi 45 amaze afunzwe, yamaze kwiga byinshi ku buryo aramutse arekuwe yakwera imbuto muri sosiyete.Ashimangira ko arekuwe byamuha amarwe yo kongera gusubukura amasomo ye mu byerekeye no kumurika imideli.

Indi mpamvu yatanze, ni uko Urukiko ngo rwamukatiye gufungwa iminsi 30 y’agateganyo rwasesenguye ingingo uko zitari rugashingira ku ngingo zitaregewe ndetse atigeze aburana.

Ikindi Moses yavuze ko Urukiko rwafashe icyemezo cyo gukurikiranwa afunze hagendewe ku rumogi rwasanzwe rwasanzwe iwe mu rugo atazi uko rwahageze, icyakora ngo yacyetse ko yaruzanye mu myenda yakusanyije ngo ayivugurure.

Ku ruhande rw’Ubushinjacyaha buvuga ko Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwararebye kure kwemeza ko Turahirwa akurikiranwa afunze kuko ibyaha akurikiranyweho akibikorwaho iperereza.Ikindi Umucamanza yasabye ko Moses yazatanga ibimenyetso ko yazatanga ibimenyetso ko yanywereye urumogi hanze y’u Rwanda.

Mu kwezi gushize kwa Gicurasi taliki 15, nibwo Urukiko rwari rwakatiye Turahirwa gufungwa iminsi 30 y’agateganyo.Icyi cyemezo ntabwo cyamunyuze n’abanyamategeko be bahitamo kurwandikira basaba ko yahabwa itariki ya hafi yo kuburana ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo.Impamvu yatanze n’uko ngo ashaka gukomeza gukurikirana amasomo ye.

Me Bayisabe wunganira Moses yari yavuze ko n’ubwo bari bahawe tariki 12 Kamena 2023 nk’itariki yo kuburaniraho, ku wa 26 Gicurasi 2023, Turahirwa yandikiye Urukiko arutakambira ngo urubanza rwe rwigizwe imbere hashoboka ariko n’ubundi byarangiye italiki igumishijweho.

Turahirwa aregwa ibyaha bibiri birimo gukoresha ibiyobyabwenge no gukoresha inyandiko mpimbano.

Mu rukiko Moses yagaragaye yiyogoshesheje
Mu rukiko Moses yagaragaye yiyogoshesheje

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *